NYAMIBWA Y'IGIKUNDIRO
Bavuga yuko abeza, babyiruka imyaka yose
Nyamara wowe hogoza, n’ubu ntabwo uragahinyuka
Bituma nkurata nyamibwa y’igikundiro
Bituma nkurata nyamibwa y’igikundiro
Wakuze ukuza ineza, wenda ibyiza bihabya cyane
Ukomatanya ingabire, zigukundisha isi n’ijuru
. Bituma nkurata nyamibwa y’igikundiro
Bituma nkurata nyamibwa y’igikundiro
Nagusanze mu biroli , maze mbona userutse neza
Ukuntu utwambitse umunega, maze ubwuzu bukadusaga
. Bituma nkurata nyamibwa y’igikundiro
Bituma nkurata nyamibwa y’igikundiro
Genda wambare ikamba ukunde ukeshe bagenzi bawe
Wihakanye umuryano komeza ukunde kutwibuka.
Bituma nkurata nyamibwa y’igikundiro
Bituma nkurata nyamibwa y’igikundiro
Sanganwa ishema ryinshi mu masabukuru yose
Utwibutse urugwiro rw’ibihe twabanye byose.
Bituma nkurata nyamibwa y’igikundiro
Bituma nkurata nyamibwa y’igikundiro
ICYANGIYE UMUNTU
===================
Uhinga nk’abandi, bakeza ukarumbya
Wafumbira cyane, bikanga bikuma
Inanda igaseha, inkware igahaga
-
Icyangiye umuntu, gitera agahinda
Icyangiye umuntu, gitera agahinda
-
Ugabana cyane, ugatunga inka nziza
Isazi ikabyuka, amashuyu akica
Inkota igahaga, umwana agasonza
-
Icyangiye umuntu, gitera agahinda
Icyangiye umuntu, gitera agahinda
-
Ushaka ubikunze, ibyago bikaza
Wabyara nk’abandi, ukarerera abishi
Imana itakwimye, igomwa rikanga
-
Icyangiye umuntu, gitera agahinda
Icyangiye umuntu, gitera agahinda
-
Imana yagukura ahaga ukaronka
Imana yagukura ahaga ukaronka
Induru y’uruvugo ikakwugariza
Wahumbya gatoya inyatsi ikakwaka
-
Icyangiye umuntu, gitera agahinda
Icyangiye umuntu, gitera agahinda
-
Ukanga ugasaza, Ibyiza birese
Ukarizwa n’uko isi itagira imbabazi
Ukumva urasumira ibigusiga
-
Icyangiye umuntu, gitera agahinda
Icyangiye umuntu, gitera agahinda
-
Imana yagukura ahaga ukaronka
Induru y’uruvugo ikakwugariza
Wahumbya gatoya inyatsi ikakwaka
-
Icyangiye umuntu, gitera agahinda
Icyangiye umuntu, gitera agahinda
Bavuga yuko abeza, babyiruka imyaka yose
Nyamara wowe hogoza, n’ubu ntabwo uragahinyuka
Bituma nkurata nyamibwa y’igikundiro
Bituma nkurata nyamibwa y’igikundiro
Wakuze ukuza ineza, wenda ibyiza bihabya cyane
Ukomatanya ingabire, zigukundisha isi n’ijuru
. Bituma nkurata nyamibwa y’igikundiro
Bituma nkurata nyamibwa y’igikundiro
Nagusanze mu biroli , maze mbona userutse neza
Ukuntu utwambitse umunega, maze ubwuzu bukadusaga
. Bituma nkurata nyamibwa y’igikundiro
Bituma nkurata nyamibwa y’igikundiro
Genda wambare ikamba ukunde ukeshe bagenzi bawe
Wihakanye umuryano komeza ukunde kutwibuka.
Bituma nkurata nyamibwa y’igikundiro
Bituma nkurata nyamibwa y’igikundiro
Sanganwa ishema ryinshi mu masabukuru yose
Utwibutse urugwiro rw’ibihe twabanye byose.
Bituma nkurata nyamibwa y’igikundiro
Bituma nkurata nyamibwa y’igikundiro
ICYANGIYE UMUNTU
===================
Uhinga nk’abandi, bakeza ukarumbya
Wafumbira cyane, bikanga bikuma
Inanda igaseha, inkware igahaga
-
Icyangiye umuntu, gitera agahinda
Icyangiye umuntu, gitera agahinda
-
Ugabana cyane, ugatunga inka nziza
Isazi ikabyuka, amashuyu akica
Inkota igahaga, umwana agasonza
-
Icyangiye umuntu, gitera agahinda
Icyangiye umuntu, gitera agahinda
-
Ushaka ubikunze, ibyago bikaza
Wabyara nk’abandi, ukarerera abishi
Imana itakwimye, igomwa rikanga
-
Icyangiye umuntu, gitera agahinda
Icyangiye umuntu, gitera agahinda
-
Imana yagukura ahaga ukaronka
Imana yagukura ahaga ukaronka
Induru y’uruvugo ikakwugariza
Wahumbya gatoya inyatsi ikakwaka
-
Icyangiye umuntu, gitera agahinda
Icyangiye umuntu, gitera agahinda
-
Ukanga ugasaza, Ibyiza birese
Ukarizwa n’uko isi itagira imbabazi
Ukumva urasumira ibigusiga
-
Icyangiye umuntu, gitera agahinda
Icyangiye umuntu, gitera agahinda
-
Imana yagukura ahaga ukaronka
Induru y’uruvugo ikakwugariza
Wahumbya gatoya inyatsi ikakwaka
-
Icyangiye umuntu, gitera agahinda
Icyangiye umuntu, gitera agahinda